Ihuriro rya ba rwiyemezamirimo nyarwanda ryitwa Afri-Global Cooperation Program ryasobanuriye ba rwiyemezamirimo na ba nyiri ibigo bito n’ibiciriritse uburyo ibyo bakora bigomba kujyanishwa n’ikoranabuhanga ry’ubwenge buhangano (AI).
Byavugiwe mu nama yateguwe na Afri-Global Cooperation Program yahurije hamwe ba rwiyemezamirimo bafite ubucuruzi buto n’ubuciriritse bugitangira, abayobozi mu nzego za Leta n’iz’abikorera abakiri ku ntebe y’ishuri n’abandi.
Ni inama yabereye i Kigali ku mugoroba w’itariki 30 Mutarama 2026 yavugaga ku buryo bwo gukora ubucuruzi buto n’ubuciriritse bwunguka kandi bujyanishijwe n’umuvuduko w’ikoranabuhanga rya AI.
Inama nk’iyi yaherukaga muri Mutarama umwaka ushize.
Umuyobozi Mukuru wa Afri-Global Cooperation Program, Nyarwaya Shyaka Michael, yagaragaje uburyo ubucuruzi buto n’ubuciriritse ari yo nkingi y’ubucuruzi bwose, agaragaza ko ari ingenzi cyane ko ba rwiyemezamirimo bato bajyanisha ibikorwa byabo na AI.
Ati “Uyu munsi amasosiyete arenga 70% ku Isi ari gukoresha AI kugira ngo yongere umusaruro, agabanye ikiguzi cyagendaga ku bintu runaka kandi abashe gukorana n’abandi bakoresha AI. Ubwenge buhangano buri gukoreshwa cyane kurusha mbere kandi ntibukiri ikintu gihenze cy’ibigo binini gusa ahubwo kiranakoreshwa ku bucuruzi buto n’ubuciriritse.”
Shyaka yavuze ko bijyanye n’icyerekezo Igihugu gifite cy’uko mu 2035, Umunyarwanda umwe azaba yinjiza amadolari 4.037 ku mwaka naho mu 2050 akazaba yinjiza amadolari 12.400 ku mwaka, bisaba gushora mu bumenyi n’ikoranabuhanga mu rubyiruko.
Yagaragaje ko mu Rwanda ijanisha rya 98% ry’ibigo by’ubucuruzi ari buto n’ubuciriritse, bitanga hafi 33% by’Umusaruro Mbumbe w’Igihugu (GDP).
Minisiteri y’Ikoranabuhanga na Inovasiyo iherutse kugaragaza ko AI ishobora kuzaba itanga 6% by’Umusaruro Mbumbe w’u Rwanda mu gihe kiri imbere.
Ni mu gihe imibare y’ikigo cyitwa International Data Corporation igaragaza ko AI izaba yinjiza hafi miliyari 20.000 z’Amadolari mu bukungu bw’Isi bitarenze mu 2030 ndetse izaba ifite uruhare rungana na 3,5% by’Umusaruro Mbumbe w’Isi (GDP).
Gatete Jules uri mu bashinze isosiyete yitwa BrainWave Technologies Rwanda ifasha ibigo guhuza ibyo bikora n’ikoranabuhanga, yavuze ko batangiye gukoresha AI kandi babona impinduka nziza.
Ati “Twatangiye dufasha abantu tubafungurira imbuga za internet bashyiraho ibyo bakora nko kuzicururizaho ariko nyuma tuza kongeramo na AI. Dufite uburyo ibigo bigitangira tubifungurira imbuga zihuza ibyo bakora byose noneho abazisura aho kugira ngo bashake kimwe kimwe bakagira uburyo bwa ‘chatbot’ bukoresha AI igahita ibaha ibisubizo mu buryo bwihuse.”
Cyusa Euzeb washinze sosiyete yitwa E-Booking ifasha mu gusaba amacumbi yo kuraramo muri hoteli na za ‘apartments’ binyuze mu ikoranabuhanga, yavuze ko batangiriye ku gufasha abantu kubona iyo serivisi kuri murandasi ariko ko ubu bagiye kongeramo AI.
Iyo AI avuga izajya ibasha gukora amasaha yose ku buryo umuntu ukeneye icumbi mu masaha ya nijoro abashinzwe kumwitaba badahari izajya ihita imusubiza ishingiye ku makuru ifite, noneho nibagaruka mu kazi bakomerezeho.